Abantu hafi 3.000 bakorera provisoire buri munsi bakoresheje ikoranabuhanga

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP  Kabera Jean Bosco  atangaza ko 2980 ari bo bakora ibizamini byo gutwara ibinyabiziga by’agateganyo (Permis provisoire) mu buryo bw’ikoranabuhanga  buri  munsi mu gihe mbere gukorera impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga byakorwaga rimwe mu mezi  atatu, kuri ubu  bakaba bakora buri munsi.

Ibi CP Kabera yabibwiye itangazamakuru ku wa gatanu, tariki ya 13 Werurwe 2020, mu muhango wo kumurikira itangazamakuru uburyo bushya bwo gukora ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga, gahunda imaze igihe, akaba ari mu rwego rwo kuyimenyesha Abanyarwanda.

Yagize ati “Izi ni serivisi zimaze igihe zitangwa ariko twagira ngo tumenyeshe Abanyarwanda  uburyo izi serivisi zitangwa, mu mucyo kandi zigahabwa abantu benshi bagera ku 2980 buri munsi.”

CP Kabera avuga ko serivisi zo gukora ibizamini mu buryo bw’ikoranabuhanga mu gukorera impushya z’agateganyo kandi ko  zitangwa nta rwikekwe, ngo  iyo uje bagenzura ko wiyandikishije ku rubuga rw’Irembo, buri wese  uje gukora ikizamini akorera kuri  mudasobwa  ye, kandi ngo ikizamini kimara  gihe k’iminota 20, hagakorwa  ibibazo 20.

Avuga ko iyi gahunda ari imwe mu mishinga yagutse Polisi irimo gushyira mu bikorwa kugira ngo ihe abaturage serivisi zihuse kandi zinoze  muri gahunda zinyunye.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, aganira n’abanyamakuru

CP Kabera avuga ko mbere ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara  ibinyabiziga byakorwaga rimwe mu mezi atatu aho umuntu yagendaga azenguruka aho ibizamini bigeze ajyayo bikavuna benshi.

Uyu muyobozi avuga ko uburyo busanzwe buzakomeza gukoreshwa kuko abantu bose bataramenya ikoranabuhanga, abo ngo bazakomeza gukora mu buryo busanzwe bwo kwandika.

Manzi Yvan ni umwe mu bakoze ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga ejo hashize ku wa gatanu, avuga ko asohotse abyina kubera ibyishimo kuko atsinzi iki kizamini, ni mu gihe ngo abantu yumvaga bavuga ko bakora inshuro nyinshi bataratsinda ikizamini, ariko ngo we akaba agitsinze ku nshuro ya kabiri gusa.

Yagize ati “Ndishimye cyane ko nsinze ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, mbonye amanota 13 kuri 20 ndumva nishimye cyane, nari nzi ko nzarubona nkoze inshuro nyinshi ariko nkoze ebyeri gusa.”

Manzi ashima Polisi y’u Rwanda yashyizeho iyi gahunda yo gukora ibizamini mu buryo bw’ikoranabuhanga kuko uhita ubona amanota udategereje igihe kinini kuko usohoka imashini imaze kuyakwereka.

Batamuriya Hidaya na we ni undi wakoze ikizamini, avuga ko ababajwe n’uko atsinzwe, ngo bikaba bitewe n’uko  atamenyereye gukoresha mudasobwa kuko amaze imyaka 12 atayikoresha.

Ku bijyanye n’uko ikizamini cyari kimeze, Batamuriza avuga ko bitari bikomeye kuko  byose yabyize, ariko ngo imbogamizi yagize ni ukutamenyera gukoresha mudasobwa.

Avuga ko yakoze ibibazo 13 muri 20 akaba abonye amanota 8, bivuze ko iyo abasha kubirangiza aba abonye amanota yemewe mu guhabwa uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
18 + 7 =


IZASOMWE CYANE

To Top