Ubukerarugendo

Abazamuye ubukerarugendo muri ibi bihe bya Covid19 bashimiwe

Ku wa Gatanu taliki 26 Ugushyingo 2021 muri Kigali Convention Centre habereye ibirori byo gushimira no guhemba  abafatanyabikorwa batandukanye   bagize uruhare mu  guhangana na COVID-19  bagashyigikira gahunda yo kongera kugarura ubukerarugendo.

Ibi birori byabaye mu gihe  hasozwaga  icyumweru cyahariwe ubukerarugendo “Rwanda Tourism Week” cyatangiye taliki 24 Ugushyingo 2021 aho  ibihugu 10 byo muri Afurika  byitabiriye imurikabikorwa rijyanye n’ubukerarugendo “Rwanda Tourism Week Exhibition”. Ibi bihugu ni Botswana, Tanzania, Ghana, Kenya, Nigeria, RDC, South Africa, Somalia, Zimbabwe n’u Rwanda.

Iki gikorwa cyateguwe n’Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) “Rwanda Tourism Chamber”.

Inzego za Leta n’ibigo bitandukanye byanegewe ishimwe harimo Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere “RDB” aho  bashimira Leta ku nkunga n’imbaraga  ikomeje gushyira mu kuzahura ubukerarugendo  bwazahajwe na COVID-19.

Hashimiwe kandi Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima “RBC” kubera uruhare cyagize mu gutuma ibikorwa by’ubukerarugendo byongera gusubukurwa kandi bikagenda neza.

Inzego z’umutekano, Polisi y’Igihugu ndetse n’Ingabo z’u Rwanda na bo bagenewe ishimwe kubera uruhare rukomeye bagize mu gutuma ibikorwa by’ubukerarugendo bigenda neza.

Col. Ronald Rwivanga (iburyo), umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda yakira ishimwe

Umuryango “Mastercard Foundation”   na wo wagenewe ishimwe  kubera umusanzu wabo n’ubufatanye n’inzego z’ubukerarugendo  mu rwego rwo kubuteza imbere.

 

Umuryango w’Abadage wita ku Iterambere “GIZ-Rwanda” wagenewe ishimwe kubera ibikorwa byo gufasha  abaturage ibijyanye n’ubukerarugendo bushingiye  ku byo bakora  n’ibindi.

Ikigo East African Tourism Platform” cyagenewe ishimwe kubera uruhare cyagize mu  kuzamura ubukerarugendo muri aka Karere k’Afurika y’u Burasirazuba.

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro  mu Rwanda “RRA” cyagenewe ishimwe.

 

Abitwaye neza  mu  kumurika ibikorwa barahembwe

Urwego rw’abikorera  rwitwaye neza ni  “Blue Train”, Kompanyi itwara abantu n’ibintu yo muri Afurika y’Epfo.

Uwamuritse ibikorwa bye neza muri aka Karere k’Afurika y’u Burasirazuba ni Tanzania.

Mu bihugu byo mu Muryango w’​Ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), Zimbabwe ni yo yegukanye igihembo.

Mu Muryango w’ibihugu y’Afurika y’Uburengerazuba “ECOWAS”, igihembo cyahawe  Ghana.

Beyond the Gorillas yahawe igihembo nk’abitwaye neza mu kugaragaza ibijyanye n’ubukerarugendo bushingiye ku baturage.

Igihembo cy’urubyiruko “Best Youth Exhibitor” cyahawe Evodie uyobora ba mukerarugendo akaba abarizwa muri Koperative Indangamuco (Kivu Belt).

Igihembo  cy’umugore wagaraje ibikorwa bye neza “Best Women Exhibitor” cyahawe Judith Tours, Kompanyi  Nyarwanda ifasha ba mukerarugendo.

Abantu 6 batsinze irushanwa ry’amafoto yo kwerekana ko u Rwanda rufite ibice byinshi  byakorerwamo ubukerarugendo.

Iam Munezero

K. Jean Robert

Luqman Mahoro

Matthew Miller

Mihir Bhatt

Nkurunziza Faustin

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
15 − 4 =


To Top