Muri CECAFA y’abatarengeje imyaka 15 iri kubera muri Eritrea, u Rwanda rwongeye gutsinda umukino warwo wa kabiri.
Ku mukino wa kabiri w’amatsinda watangiye Saa Cyenda n’igice, Amavubi u-15 yihereranye Ethiopia ayitsinda ibitego 3-0 byatsinzwe na Irankunda Siradji, Irankunda Pacifique ndetse na Hoziyana Kenedy.
Kugeza ubu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi u-15 imaze gutsinda imikino ibiri, aho buri mukino bawutsinzemo ibitego 3-0 rukanazigama ibitego 6, ubu rukaba ruyoboye itsinda n’amanota 6 bananganya na Uganda ariko yo ikaba izigamye ibitego 5.
Ni umukino wa kabiri u Rwanda rutsinze 3-0
Ikipe y’igihugu ya Ethiopia u-15
Amavubi u-15 yabanje mu kibuga
