Ishuri ryo ku Nyundo ryiyemeje kongera amasomo

Ishuri ryo ku Nyundo  ribarizwa mu karere ka Muhanga  ryamenyekanye cyane mu kwigisha amasomo ya muzika ryatangaje ko ryitegura gufungura andi mashami arimo kwigisha gukina filime no kubyina.

Kuri ubu ubuyobozi bw’iri shuri  bwamaze kwemeza ko bugiye kongera amasomo ahigirwa hakongerwamo irya gakondo, kwandika no gukina filime n’amakinamico ndetse no kubyina.

Murigande Jaques  uzwi nka Mighty Popo, Umuyobozi w’iri shuri  abitangaza yagize ati “Uyu mwaka isomo rya gakondo, kwandika no gukina filime turatangira kubyigisha. Umwaka utaha kwandika no gukina ikinamico kimwe n’isomo ryo kubyina bizatangira kwigishwa nabyo mu rwego rwo kungura ubumenyi butandukanye abashaka kwiga ibijyanye n’imyidagaduro”.

Kugeza ubu abarenga ijana bamaze kurangiza amasomo muri iryo shuri    kandi abasaga 130 ubu nabwo barimo kwiga.

Iri shuri ryatangijwe mu 2014 ryari risanzwe ryigisha amasomo atandukanye arimo; Piano, kuvuza ingoma, gucuranga ubwoko butandukanye bwa gitari , kuririmba, uko umuhanzi yitwara ku rubyiniro, gushyira amanota mu muziki, gakondo, kuririmbira muri  korali, kwandika indirimbo, Igifaransa, Icyongereza no gutunganya ibihangano.

Mu barangije  muri iri shuri  harimo amatsinda y’abacuranzi anyuranye arimo Symphony Band, n’abahanzi banyuranye nka Yverry, Yvanny Mpano, Igor Mabano, abasore bahoze bahuriye muri Yemba Voice, Karigombe,n’abandi benshi.

Ku rundi ruhande mu   myaka yatambutse  kumva hari umuntu uhingutsa ko mu Rwanda hari ahantu ho kwigira umuziki bya kinyamwuga ntibyashobokaga, iyo wabazaga umuhanzi aho akomora impano ye yasubizaga ko yayivomye muri korali cyangwa ari Imana yayimuhaye.  N’ubwo mbere byari bimeze uko,  kuri ubu hari umubare w’abatari bake bavuga ko ubuhanga bwabo babukomora mu ishuri rya muzika ryo Nyundo.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
26 ⁄ 1 =


IZASOMWE CYANE

To Top