Madamu Jeannette Kagame yitabiriye amasengesho yo gusengera Igihugu

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame aravuga ko nk’abayobozi, ababyeyi n’abakristu  bagomba gutekereza ku murage bazasiga bagaharanira guharanira ubwiyunge. Ibi yabigarutseho mu masengesho ya Prayer Breakfast  agamije gusengera Igihugu. 

Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo u Rwanda rugere ku iterambere rirambye, rwagombaga kwirinda guheza. Avuga ko gushyira hamwe no guha buri wese umwanya wo gutanga umusanzu we byari ngombwa.

Amasengesho yo kuri uyu wa gatandatu yagarutse ku nsanganyamatsiko igira iti “Ubwiyunge bugamije amahoro n’iterambere rirambye (Reconciliation for sustainable peace and development).”

Rev Pst Antoine Rutayisire yagarutse ku buryo u Rwanda rwabayeho rufite politiki y’amacakubiri n’iheza, byaje kubyara jenoside yakorewe abatutsi, kandi ko ibyo byakozwe na Leta ibigambiriye.

Avuga ko ubu Abanyarwanda bafite amahirwe yo kuba mu gihugu gifite politiki y’ubumwe n’ubwiyunge, kandi ko abaturage bose bafite amahirwe angana.

Amasengesho ya Prayer Breakfast  ni ngarukakwezi, na ho muri Mutarama haba ari ku rwego rw’Igihugu. Ahuza abayobozi banyuranye ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
13 × 30 =


IZASOMWE CYANE

To Top