Menya iby’Akagari gatuwe kurusha utundi mu Rwanda

Iyo uteze imodoka uvuye muri gare ya Nyabugogo, mu Mujyi wa Kigali, cyangwa muri gare ya Kimironko werekeza mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, hose utanga amafaranga y’u Rwanda 216.

Aka ni ko Kagari ko mu Mujyi wa Kigali gafite ibyerekezo bigana hose, ndetse imodoka zijyayo cyangwa izivayo zikaba zidashobora gutegereza abagenzi iminota irenze 10 zitaruzura.

Mugabo Daniel uyobora Akagari ka Kagugu agira ati “Kuba dufite izo ‘lignes’ nyinshi gutyo, ni ikigaragaza ko dufite umubare munini w’abaturage, iyo hageze ninjoro ni bwo uhita ubibona neza”.

Avuga ko mu myaka itanu ishize aka Kagari kari gafite abaturage barenga ibihumbi 39, ariko ukwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize wa 2019, kwarangiye kageze ku baturage barenga ibihumbi 49.

Kubera ubwinshi bw
Kubera ubwinshi bw’abantu, mu muhanda ushobora gukeka ko ari mu isoko

Kagugu ifite ubuso butaruta ubw’utundi tugari, ni ko Kagari ka mbere mu gihugu gafite abaturage benshi nkuko bigaragazwa n’Ikigo gitera inkunga imishinga y’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA).

Utereje amaso ku misozi igize Akagari ka Kagugu ubona ubucucike bw’imiturire yitwa akajagari mu bice by’i Batsinda, Kagugu n’Akadobogo.

Biraterwa n’iki?

Uwitwa Kibukayire Noel, ucuruza ibiribwa, avuga ko arangura imyumbati mu gitondo cya kare ku mafaranga 160ku kilo, agahita atangira kuyigurisha amafaranga 200 kuri buri kilo, kandi ibyo yaranguye byose bikarara bishize.

Ibiciro by’ibiribwa muri aka Kagari biri hasi cyane ugereranyije n’ahandi mu Mujyi wa Kigali, kuko ngo uwajyana iyo myumbati mu isoko rya Kimironko atabura kuyigurisha ku mafaranga 350 buri kilo.

Ibiribwa muri Kagugu bigura make ugereranyije n
Ibiribwa muri Kagugu bigura make ugereranyije n’ahandi muri Kigali

Ibirayi muri Kagugu-Batsinda bigurishwa amafaranga 270 ku kilo, mu gihe ahandi bigurishwa kuri 350, ibijumba bigurishwa amafaranga 150/kg mu gitondo cya kare, byajya kugurishwa ahandi bigatangwa ku mafaranga arenga 250frw/kg.

Muri resitora iciriritse y’i Batsinda (muri Kagugu), wahabona isahani y’ubugari bw’imyumbati, isosi n’ibishyimbo ku mafaranga 300, wakongeraho andi 300 bakaguha n’inyama.

Ibi bituma Akagari ka Kagugu gaturwa n’abantu benshi baciriritse baba bavuye hirya no hino mu ntara z’u Rwanda, ndetse n’abo ubuzima bw’i Kigali bwatangiye kugora, barimo urubyiruko n’abana baba mu muhanda bahimbwe izina rya ‘marine’.

Uwitwa Munyakuzimu uvugwaho gucumbikira abantu b’ingeri zose barimo n’abicuruza, abacumbikira ku mafaranga y’u Rwanda ibiceri 200 buri joro, akaba atuye muri Kagugu, hakaba ari naho hari akabari kitwa Mubiziriko gakora iminsi 7/7, amasaha 24 kuri 24.

Ubwinshi bw’abaturage muri Kagugu bwatumye habaho kwitiranya imihanda n’isoko, aho kuva i Batsinda uhingukira ahitwa kuri Burende bitajya bipfa korohera imodoka zihuta.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’Ingabo yanyuze mu gasantere ka Batsinda abura uko ajya mu kazi, maze agira ati “hano hantu mpamaze isaha yose mpagaze kubera umubyigano w’abantu n’ibinyabiziga, umuhanda wahindutse isoko, aha hantu bakwiye kuhahagurukira”.

Umunaniro no kuvunika kw’abatanga serivisi za Leta

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagugu, Mugabo Daniel, avuga ko buri munsi (uretse ku wa gatanu) ngo bakira abaturage babarirwa hagati ya 300 na 350 baje gusaba serivisi zitandukanye.

Agira ati “Tugira abayobozi b’imidugudu badufasha kugabanya umubare w’abagombye kuza hano ku kagari. Iyo tutabagira tuba twakira abaturage batari munsi y’ 1,000 ku munsi, ni yo mpamvu inzego zikwiye kudukorera ubuvugizi kuko hano turi abakozi babiri gusa”.

Akagari ka Kagugu gafite amashuri 15 yigenga hamwe n’ikigo kimwe cya Leta (Groupe Scolaire Kagugu Catholique), kigizwe n’amashuri abanza hamwe n’ayisumbiye icyiciro cya mbere.

Iki kigo cyakiriye abana 7,568 muri uyu mwaka wa 2020, kikaba kigizwe n’ibyumba by’amashuri 54, aho imyaka ya gatanu ari 11, imyaka ya gatandatu ikaba 10.

Mu ishuri abanyeshuri baba ari benshi cyane
Mu ishuri abanyeshuri baba ari benshi cyane

Kuri buri ntebe hicaraho abana bane mu myaka ibanza hamwe na batatu mu myaka mikuru, kubera iyo mpamvu hari abana bavuga ko bibarushya kumva neza amasomo kubera urusaku ruterwa n’ubwinshi mu ishuri riba ririmo abatari munsi ya 80.

Abarimu na bo hari abavuga ko bafatwa n’indwara zo gusarara kuko ngo barwana no kugira ngo buri munyeshuri yumve neza amasomo, bagakurizamo no kumeneka umutwe.

Umwe muri bo yagize ati “Hari igihe umuntu asohoka yasaraye, niba mpagaze hariya kugira ngo ijwi rizagereyeyo bisaba ko abana bose bitonda, kandi ibyo ntibishoboka kuko ari benshi”.

Imbere mu marembo ya GS Kagugugu, hari Ikigo nderabuzima cya Kagugu na cyo cyakira abaza kwivuza batuye muri ako kagari ndetse n’ako bituranye ka Musezero mu murenge wa Gisozi.

Igihozo Esther waje kuhavuriza umwana agira ati “Ushobora kugera hano saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ugataha izindi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, akazi mu rugo kaba kapfuye”.

Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Kagugugu, Mushatsi Joseph, asobanura ko abaturage baza kuhivuriza bangana na 86,406, buri muforomo uhakora akaba yakira ku munsi abaturage batari munsi ya 80.

Kwa muganga na ho abarwayi baba ari benshi
Kwa muganga na ho abarwayi baba ari benshi

Mushabitsi akomeza agira ati “Abaforomo bafite akazi gakomeye, urumva kuvura abantu benshi gutyo kandi umurwayi umwe amarana na muganga iminota iri hagati y’itanu n’icumi”.

Ubariye umuganga w’i Kagugu igihe akora ku munsi atafashe umwanya wo kumira amazi cyangwa kureba uko ikirere cyifashe hanze, wasanga akora amasaha atari munsi ya 13 ku munsi. Ni amanywa yose wongeyeho isaha imwe y’ijoro.

Kagugu, amaboko menshi ya Leta

Nubwo itangwa rya serivisi muri aka kagari rigoranye bitewe n’ubwinshi bw’abaturage, ku rundi ruhande ngo iyo Leta ishatse kubakuramo umusanzu w’igikorwa runaka birayorohera.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa KigaliToday ikomeza ivuga ko Umuyobozi w’Akagari ka Kagugu, Mugabo, avuga ko buri kwezi bajya bakusanya umusanzu w’umutekano utari munsi y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni icyenda n’ibihumbi magana atanu.

Uyu muyobozi akomeza ashimira abaturage b’akagari ke avuga ko bakunda umurimo, ku buryo ngo bujya gucya bakwiriye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, ari nayo mpamvu bahawe imodoka zijya mu byerekezo byose.

Ibarura rya LODA ryo mu mpera z’umwaka ushize wa 2019 rigaragaza ko Akagari ka Kagugu kari gafite ingo 13.080 zigizwe n’abantu 49,288, kagakurikirwa n’aka Musezero muri Gisozi na ko ngo kari gafite abaturage 29,066.

LODA ivuga ko Akagari ka Muhe ko mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, ari ko gatuwe n’abaturage bake cyane mu gihugu, bakaba bagize ingo 127, mu gihe Akagari k’Ubumwe mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, gafite ingo 215.

Andi mafoto:

Photo: Roger Marc Rutindukanamurego

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
3 + 28 =


IZASOMWE CYANE

To Top