Amakuru

RDF yavuze uburyo abasirikare b’u Burundi baherutse kurasa ku ngabo z’u Rwanda

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravugaga ko ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2020, mu Murenge wa Rweru, Akarere ka Bugesera, Intara y’Iburasirazuba, abasirikare b’u Burundi barashe ku basirikare b’u Rwanda. 

MRDF ivuga ko byaturutse ku kuba itsinda ry’abarobyi bo mu Burundi ubwo bari mu Kiyaga cya Rweru, bageze ku gice cy’u Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko, Ingabo z’u Rwanda zibasaba gusubira inyuma aho baturutse. Muri icyo gihe ni bwo abasirikare b’u Burundi bari hafi aho bahise batangira kurasa ku ngabo z’u Rwanda. Na zo zikaba zarahise zibasubiza

Mu itangazo ryasohotse kuri iki Cyumweru, RDF yasobanuye ko nta musirikare w’u Rwanda wakomeretse. Ingabo z’u Rwanda zikaba zaratsimbuye abo basirikare b’u Burundi bagasubira aho baturutse.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
29 − 13 =


IZASOMWE CYANE

To Top