Sibomana yagizwe umutoza uhugura abandi ku rwego mpuzamahanga

Sibomana Viateur  usanzwe ari umutoza w’ikipe ya KVC mu bagore ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda   nyuma y’inama ya  komisiyo ishinzwe abatoza ndetse n’iterambere mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleball ku Isi  “FIVB” hemeje ko agizwe umutoza uhugura abandi ku rwego mpuzamahanga “International FIVB Instructor”.

Uyu mwanya, Sibomana yawuhawe nyuma yo kwitabira amahugurwa y’abatoza bagomba guhugura abandi “Instructor’s course” yateguwe na FIVB akabera mu Misiri muri Nzeri 2019.

Aya mahugurwa  akaba yari yitabiriwe n’abatoza 15 muri Afurika aho basaba binyuze mu  impuzamashyirahamwe y’uyu mukino muri Afurika “CAVB” hanyuma FIVB  ikaba ari yo yemeza bitewe n’urwego bariho.

Sibomana yatangaje icyo agiye gukora

Sibomana wanatoje igihe kinini ikipe ya APR VC mu bagore ubusanzwe afite  uruhushya rwo ku rwego rwa 3 rwa FIVB, nyuma yo kugirwa umwarimu w’abandi batoza ku rwego mpuzamahanga yatangarije Imvaho Nshya icyo agiye gukora mu minsi iri imbere.

Yagize  ati : “Mbere na mbere narabyishimiye kuko ni indi ntambwe nteye mu mwuga wange.”

Akomeza avuga ko  iyo  ubonye uruhushya rwo kuba umutoza uhugura abandi bitakubuza gukomeza akazi  kawe. Ati : “ Nzakomeza gutoza ikipe nari nsanzwemo ndetse n’ikipe y’igihugu, gusa hari igihe bashobora kunyohereza  nk’ahantu mu bikorwa byo guhugura mu gihe kirekire nk’umwaka aho ho biragoye gukomeza gutoza ya  kipe.”

Ikindi Sibomaba avuga ko ashobora gufatanya n’ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda “FRVB” gukora imishinga igamije iterambere harimo  guhugura abatoza, ibikoresho ndetse n’inkunga y’amafaranga.

Aha yagize ati : “Ubundi ntabwo  batuma mpugura abatoza mu gihugu cyange bashobora kohereza undi muntu tugafatanya  mu rwego rwo kwirinda ko umuntu yagira amarangamutima wenda hakaba hari uwo warenganya cyangwa ukamuzamura atabikwiye kubera ubucuti mufitanye.”

Sibomana Viateur avuga ko  ubu bamaze gutanga urutonde rw’ ibihugu bashobora gukoreramo   aho we yatanze ibihugu 6 birimo Eritrea, Nigeria, Sudani, Thailand, Zimbabwe na Jamaica.

Avuga ko FIVB ari  yo  igena aho bohereza umuntu hanyuma bakamumenyesha, biteganyijwe ko bishobora kumenyekana mu ntangiriro za Gashyantare 2020  kuko  gahunda yo guhura n’ibindi bigoba gutangira muri Werurwe 2020.

Sibomana Viateur ni we munyarwanda wa mbere  ugeze kuri uru rwego ndetse akaba ari no mu bahuguwe ku buryo bwo gusezengura umukino wa Volleyball hifashishijwe amakuru atandukanye arimo imibare, amashusho n’ibindi “Data Volleyball & VIS”.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
5 − 2 =


IZASOMWE CYANE

To Top