Amakuru

Twagirumukiza yagizwe umwere, Hakizamana ahagarikwa ibyumweru 4

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryafashe umwanzuro ku birego by’abasifuzi babiri basifuye imikino itandukanye ariko bakaza kuregwa ko bakoze amakosa.

Aba basifuzi ni Twagirumukiza Abdoul  wayoboye umukino wahuje ikipe ya APR FC na Police FC ukaba wari uw’umunsi wa 21 wabaye tariki 04 Werurwe 2020.  Nyuma yo gutsindwa igitego 1-0, ubuyobozi bwa Police FC bwareze uyu musifuzi ko yabogamye ndetse akanakora amakosa aho bamushinjaga kudatanga penariti ku ruhande rwa Police FC ubwo umukinnyi w’iyi kipe yateraga umupira ugana mu izamu rya APR FC, myugariro wa APR FC Buregeya Prince akawugaruza akaboko.

Tariki 16 Werurwe 2020, mu ibaruwa yandikiwe Police FC  yashyizweho umukono  n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis  bamenyesheje Police FC ko tariki 12 Werurwe 2020 Komisiyo y’imisifurire  yateranye yiga  kuri iki kirego. Bavuga ko nyuma yo kureba amashusho y’umukino no kumva ibisobanuro by’umusifuzi, komisiyo yafashe umwanzuro imenyesha Police FC ko ibyemezo umusifuzi yafashe   byakurikije amategeko  agenga umupira w’amaguru.

Uwasifuye umukino wa Mukura na AS Kigali yahagaritswe ibyumweru 4

Ku mukino w’umunsi wa 23 wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo  tariki 11 Werurwe 2020 wahuje ikipe ya AS Kigali na Mukura ukarangira izi kipe zinganyije ibitego 2-2, umusifuzi wayoboye uyu mukino, Hakizamana Abdoul yarezwe n’ikipe ya Mukura ko yafashe ibyemezo mu mukino byatumye babona umusaruro utari mwiza.

Muri uyu mukino Hakizamana Abdoul  yashinjwe kwima ikipe ya Mukura penariti zigaragara.

Mu ibaruwa ya FERWAFA yandikiwe tariki 13 Werurwe 2020, uyu musifuzi yamenyeshejwe ko nyuma y’inama ya komisiyo y’abasifuzi yateranye tariki 12 Werurwe 2020  basanze yarakoze amakosa muri uyu mukino bamumenyesha ko ahagaritswe ibyumweru 4 adasifura.

Uyu musifuzi yiyongereye ku bandi babiri bahagaritswe barimo Nsabimana Celestin wasifuye umukino wa Gasogi United na Espoir FC   wahagaritswe ibyumweru bibiri ndetse na Nizeyimana Is’haq wasifuye umukino wa  AS Kigali FC na Police FC  akaba agomba kumara ibyumweru 4.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
26 ⁄ 2 =


IZASOMWE CYANE

To Top