Uganda yahawe ukwezi ko kugenzura ibitagenda

Abakuru  b’ibihugu  4 bazongera bahurire ku mupaka wa Gatuna mu minsi itari munsi  ya 45 iri imbere mu rwego rwo gukomeza gushaka uko bazahura  umubano w’u Rwanda na Uganda,nyuma yo guha umukoro iki gihugu mu nama yabahurije ku mupaka wa Gatuna ku wa 21 Gashyantare 2020.

Uganda yahawe ukwezi  ku mwe ngo ibe  imaze  kugenzura imiterere  y’ikibazo cy’imitwe y’iterabwoba irwanya  u Rwanda ikorera muri iki gihugu.

Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama ya Kane y’abakuru b’ibihugu ku kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, ngo  ni nawo uzagena ahazaza h’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ku mupaka wa Gatuna, nkuko  bikubiye  mu itangazo  ryasomwe  na Minisitiri w’bubanyi n’amahanga wa Angola.

Mu  nama yamaze  amasaha arenga 3.5 ibera  mu muhezo, abakuru  b’ibihugu by’u Rwanda,Uganda,Angola na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo bishimiye intambwe yatewe  mu bijyanye no guhererekanya imfungwa hagati y’u Rwanda na Uganda.

By’umwihariko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa Uganda Yoweri Kaguta  Museveni  bashimiye  Perezida  wa Angola Joao Lorenco n’uwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo  Antoine Felix Tshisekedi, ubwitange bwabo  mu gufasha  u Rwanda na Uganda gukura  igitotsi mu mibano umaze imyaka 3 warazambye.

Kuva  aba  bakuru  b’ibihugu batangira  ibikorwa  by’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Uganda,Uganda  imaze  gushyikiriza  u Rwanda abantu 24 barimo 22 bari bafunzwe  mu buryo butemewe n’amategeko na 2 mu bagabye igitero cyo mu Kinigi mu Majyaruguru y’u Rwanda, no kwambura  passport umwe mu bayobozi b’umutwe y’iterabwoba wa RNC.

Ku rundi ruhande, u Rwanda rwarekuye runashyikiriza Uganda abaturage bayo 20 rwari rufunze  kubera ibyaha binyuranye  harimo 3 barangije  ibihano  bakatiwe n’inkiko.

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
2 × 3 =


IZASOMWE CYANE

To Top