Umuryango wa AU wamuritse ishusho ya Haile Selassie

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 wamuritse ishusho y’umwami w’abami (Emperor), Haile Selassie I, yubatswe ku cyicaro cy’uwo muryango i Addis Ababa muri Etiyopiya.

Umuhango wo gutaha iyo shusho wayobowe na perezida w’u Rwanda Paul Kagame akaba na perezida ucyuye igihe w’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Hari kandi umuyobozi wa komisiyo ya Afurika yunze ubumwe Moussa Faki Mahamat, Minisitiri w’intebe wa Etiyopiya Abiy Ahmed na perezida wa Ghana Nana Addo Dankwa Akufo Addo .

Iyo shusho yubatswe mu rwego rwo guha agaciro umwami w’abami Haile Selassie I kubera uruhare yagize mu gutangiza uwo muryango mu 1963.

Icyo gihe witwaga Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA) cyangwa Organization of African Union (OAU) mu cyongereza.

JPEG - 46 kb

Haile Selassie I yaharaniye ubumwe bw’abatuye ku mugabane wa Afurika

Umwami w’abami Haile Selassie wa mbere, yavutse yitwa Tafari Makonnen Wordemikael taliki ya 23 Nyakanga 1892 aza gutanga taliki ya 27 Kanama 1975 yishwe akaba yari afite imyaka 83 y’amavuko. Yayoboye ubwami bwa Ethiopia kuva mu mwaka w’1930 kugeza mu mwaka w’1974 yitwa Haile Selassie wa mbere nk’izina ry’ubwami.

Izina rye rigaruka mu mateka cyane cyane y’iterambere rya Ethiopia ndetse n’irya Afurika yose muri rusange.

Ubwami bwe bwahiritswe n’agatsiko k’ingabo kitwaga Derg kari kayobowe na Mengistu Haile Mariam, ubu uri mu buhungiro muri Zimbabwe nyuma y’uko na we ahiritswe n’ingabo muri Gicurasi 1991.

JPEG - 86.4 kb

Haile Selassie I akiri umwana

Igitekerezo cyo kubaka ishusho ya Haile Selassie I cyazamuwe na perezida wa Ghana Nana Addo Dankwa Akufo Addo.

Addis Ababa muri Etiyopiya ku cyicaro cy’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kandi haboneka n’ishusho ya Kwame Nkrumah wahoze ayobora igihugu cya Ghana akaba afatwa nk’intwari kubera uruhare na we yagize mu gutangiza umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA), waje guhinduka umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

PNG - 187.6 kb

Ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe hasanzwe hari ishusho ya Kwame Nkrumah na we wagize uruhare mu kuwutangiza

Kanda utange igitekerezo

Subiza ku gitekerezo cyatanzwe

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
22 − 12 =


IZASOMWE CYANE

To Top